uruganda rwa Inyange rutunganya amata y’ifu ruherereye mu Karere ka Nyagatare (Inyange Milk Powder Plant) rwatangaje ko rwatangiye gucuruza ayo mata ku isoko ry’u Rwanda, aho kuri ubu buri muturage uyashaka abasha kuyabona mu maduka amwegereye.
Byatangajwe n’uru ruganda binyuze ku mbuga nkoranyambaga kuri uyu wa 1 Ukwakira 2025, aho rwavuze ko ayo mata y’ifu yarwo kuri ubu aboneka mu dusashi tw’ikilo ndetse n’utwa 500g.
Amata ya 500g azajya agurwa ibihumbi 10 Frw, naho aya 1kg akaba agura 20.000 Frw, akaba azajya aboneka hose ahasanzwe haboneka ibicuruzwa bya Inyange.
Mu gihe uru ruganda rumaze rutangiye, kuri ubu rugura ku borozi amata arenga litiro 2.800.000 buri kwezi, akorwamo amata y’ifu acuruzwa mu nganda nini z’imbere mu gihugu no mu bindi bihugu bitandukanye.
Uru ruganda rufite ubushobozi bwo gutunganya amata y’ifu apima toni 40 ku munsi, ariko ko kuri ubu rutunganya toni 25 ku munsi, bitewe n’ubusabe urwo ruganda ruba rufite imbere mu gihugu no hanze.
Inyange Milk Powder Plant itunganya amata y’ifu, ghee, fromage n’ibindi. Amata y’ifu bakora afungwa mu mifuka y’ibilo 25 n’ibilo 50, ahanini agenewe inganda, kuri ubu hakaba hiyongereyeho aya 500g na 1kg. Akoze ku buryo umuntu aramutse ayasubijemo amazi yakongera akaba inshushyu.
Posted on 03/10/2025
By KIGALIYACU


